*Basabye Raila Odeinga kwemera ibyavuye mu matora
Indorerezi z’abanyamahanga zakurikiranye amatora muri Kenya, zatangaje ko yagenze neza mu mucyo kandi ko n’ibyayavuyemo ari ukuri basaba Raila Odinga n’abandi batavuga rumwe na Leta kwemera ibyatangajwe na Komisiyo.
Raila Odinga iburyo yatangaje ko Uhuru Kenyatta uri ibumoso agomba kuva ku butegetsi kandi ntiyemera ibyavuye mu matora
Aya matora ya Perezida yabaye ku wa kabiri w’iki cyumweru, indorerezi z’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe, iz’U Burayi n’izo muri America zemeje ko ibyayavuyemo ari ukuri.
Abavuye ku mugabane w’UBurayi bavuze ko abakandida bakwiye kwemera ibyavuye mu matora kuko gutsindwa ari ibintu bisanzwe muri Demokarasi.
Umukandida utavuga rumwe na Leta, Raila Odinga yanze ibyavuye mu matora avuga ko habayeho kwibira amajwi Uhuru Kenyatta bahanganye wanatangajwe by’agateganyo ko yatsinze amatora.
Odinga ku wa gatatu yatangaje ko ikoranabuhanga ryakoreshejwe mu matora ryinjiriwe n’abantu, ko ubujura bwabaye bw’amajwi butigeze bubaho mu mateka ya Kenya.
Kuri uyu wa kane, Komisiyo y’Amatora yigenga yatangaje ko hari abantu bagerageje kwinjirira ikoranabuhanga ryakoreshejwe mu matora ariko ngo ntibyabakundiye.
John Mahama wabaye Perezida wa Ghana akaba akuriye indorerezi zoherejwe n’Umuryango Commonwealth, yavuze ko nta mpamvu hari hakwiye kubaho gushidikanya ku bushobozi bwa Komisiyo mu gutangaza ibyavuye mu matora byizewe.
Ati “Twizeye ko amatora yabaye mu mucyo no mu buryo bwo kwizera, kandi Abanya-Kenya bakwiye kwemera ayo matora.”
Thabo Mbeki wabaye Perezida wa Africa y’Epfo na we yari mu ndorerezi zoherejwe na Africa yunze Ubumwe, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo Komisiyo y’Amatora yitwaye.
Mbeki yongeyeho ko ibirego by’uko habayeho kwinjirira ikoranabuhanga ryakoreshejw emu matora bikwiye gusuzumwa na Komisiyo (IEBC).
John Kerry wabaye Umunyamabanga wa Leta muri America ku butegetsi bwa Perezida Barack Obama, yari muri Kenya nk’indorerezi ikuriye izavuye mu kigo Carter Center, yavuze ko ukuri kw’ibyavuye mu matora kukiri kose.
Yasabye impande zose muri Kenya gutegereza ibizatangazwa bwa nyuma kandi utsinzwe akemera.
Indorerezi zo ku mugabane w’UBurayi ziyobowe na Marietje Schaake zasohoye itangazo rigira riti “Abakandida n’ababashyigikiye bagomba kwemera ko kudatsinda ari ibintu bisanzwe mu bigize ipiganwa rishingiye kuri demokarasi.”
Bongeyeho ko ibirego ibyo ari byo byose, cyangwa ikindi kitishimiwe bikwiye kugaragazwa binyuze mu nyandiko cyangwa bikajyanwa mu nkiko.
Komisiyo yigenga y’Amatora, IECB yatangaje ko izasohora burundu ibyavuye mu matora ku wa gatanu.
Majwi arenga 95% y’abatoye niyo amaze kubarurwa, Perezida Uhuru Kenyatta ushaka manda ya kabiri ari na yo ya nyuma yemererwa n’Itegeko Nshinga, ari imbere n’amajwi 54.3%, naho undi bahanganye cyane Raila Odinga afite amajwi 44.8%.
Odinga kuri uyu wa kane yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga ko agihagaze ku kuba yaribwe amajwi, ariko asaba abaturage ba Kenya kuguma batuje.
UMUSEKE.RW
from UMUSEKE http://ift.tt/2utqez9
No comments:
Post a Comment