Abitwaje ibigwanisho bishe 30 barimwo n'abana muri Mali

Ubutegetsi bw'igihugu ca Mali bwavuze ko abantu bafise inkoho bishe abantu barenga 30 b'abasivile bo mu bwoko bw'aba Fulani hagati mu ntara ya Mopti.

from BBC Gahuza - Urupapuro rw'itangiriro https://bbc.in/2F2K5y6
via IFTTT

Kurikira igitaramo East African party nk'uwari uhari (Videos) #Rwanda via @kigalitoday

Ngabo Medard Uzwi nka Meddy niwe wari umuhanzi mukuru. Dore Uburyo yabyiniye abamukunda kuva ageze k'urubyiniro kugeza ahavuye.

Umuhanzi Yvan Buravan yongeye kwerekwa urukundo rudasanzwe n'abakobwa

Abaminisitiri barimo Minisiti w'Ubutabera Johnston Busingye, Minisitiri w'umuco na Siporo Nyirasafari Esperance hamwe n'umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo Jean de Dieu Uwihanganye ni bamwe mu bayobozi bitabiriye iki gitaramo.

Ijwi rya Bruce Melodie ryongeye guhogoza abitabiriye iki gitaramo

Riderman mu ndirimbo ze zo hambere yanejeje abitabiye East African Part ku nshuro ya 11.




from KigaliToday | WebRwanda.com http://bit.ly/2BUQxTA
via IFTTT

Agahinda ka Mukamusoni wamaze imyaka 24 muri FDLR #Rwanda via @kigalitoday

JPEG - 82.9 kb
Mukamusoni(wambaye inkweto z'ubururu)yabonanye na Murumuna we(wambaye ikoti ry'umukara)

Uwo mugore umwe rukumbi uri mahugurwa hamwe n'abagabo 577 bahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Congo, ubu bari mu mahugurwa mu kigo cya Mutobo, avuga ko mu mwaka wa 1994 yari umusirikare afite ipeti rya kaporali, ahungira mu majyaruguru ya Kivu, aho ngo yinjiye mu mutwe wa FDLR, abaho mu buzima bw'ishyamba.

Ati “mu mwaka wa 1994, nari umusirikare mu ngabo zatsinzwe, mpungira mu majyaruguru ya Kivu, nari mfite umugabo tubyaranye rimwe, tuburana ubwo basenyaga inkambi za mbere, si nigeze menya amakuru ye... menye ko ariho ngeze mu Rwanda”.

Avuga ko yakubititse mu buzima bwe bwose, aho yatinyaga gutaha bitewe n'amakuru mabi babwirwaga ko ugeze mu Rwanda atabaho.

Mukamusoni uvuga ko umwana yabyaranye n'umugabo we yahise apfa, akaba atazi neza niba azongera gusubirana n'umugabo we kuko yamenye amakuru ko afite undi mugore n'abana babiri.

Agira ati “mu kwezi kumwe maze mu Rwanda, umugabo wanjye twabonanyeho iminota mike ariko kugeza ubu sinzi gahunda izakurikiraho, kuko mfite amakuru ko afite undi mugore n'abana babiri, ikindaje ishinga ni iyi ngando ndimo ibindi nzaba mbimenya”.

Mukamusoni iyo abajijwe ku buzima yabagamo mu ishyamba, ikiniga kiramufata akazenga amarira mu maso akagira ati “ubuzima bw'ishyamba se nabukubwira nte? Kereka uri umusirikare ariko njye wabibayemo ndabizi, ubuzima bw'ishyamba nta cyiza na kimwe nabonyemo”.

Avuga ko yakiriwe neza, atangazwa n'amahoro n'iterambere yasanze mu Rwanda.

JPEG - 73.6 kb
Mukamusoni umugore umwe mu bari 558 batahutse bari mu mahugurwa i Mutobo

Ati “ngera mu Rwanda nakiriwe neza uko ntabikekaga, numvaga mfite ubwoba nkurikije uko nahabwirwaga,nafashe umwanzuro wo gutaha kubera ubuzima bubi, nta n'umuntu wankanguriye gutaha ni umutimanama wanjye wabinteye.

Akomeza agira ati “nasanze mu Rwanda ari amahoro, nsanga rwarateye imbere cyane, mu mbaraga mfite ibizanshobokera byose nzabikora nteze igihugu cyanjye imbere”.

Mukamusoni arasaba abasigaye mu mashyamba gutahuka bakaza gufatanya n'abandi kubaka igihugu.

Ati “icyo nababwira, buri wese afite umutimanama we, bakwiye kureba kure bagataha kuko mu Rwanda ari amahoro”.




from KigaliToday | WebRwanda.com http://bit.ly/2R1LH1t
via IFTTT

‘Nta rugero na rumwe rw' inzoga rutabangamira ubuzima bw' umuntu'

Abashakashatsi b' ikigo Lancet bavumbuye ko kunywa inzoga nturenze urugero birinda kurwara umutima, gusa ngo bikurinda umutima ariko bikazagutera kanseri.

Uwayoboye ubu bushakashatsi avuga ko ubushakashatsi bwabo ibyo bagezeho ari ibyo kwizerwa kuko bwakozwe kinyamwugaga.

Uko urugero rwose rw' inzoga rwangiza ubuzima

Ikigo Global Burden of Disease cyarebye ingaruka z' ingero zitandukanye z' inzoga ku buzima bw' abatuye ibihugu 195, kuva mu mwaka wa 1990 kugera muri 2016.

Iki kigo cyasuzumye ubuzima bw' abantu bafite imyaka 15 kugera kuri 95, abashakashatsi bakagereranya ubuzima bw' abanywa icupa rimwe ry' inzoga buri munsi n' abatayinywa.

Basanze mu bantu 100 000 batanywa inzoga bakorewe ubushakashatsi 914 aribo barwaye indwara zibasira abanywi b' inzoga.

Uyu mubare wiyongeraho abantu bane , iyo ugiye mu bantu banywa icyupa rimwe ry' inzoga buri munsi.

Iyo ugiye mu bafata amacupa abiri ku munsi uriya mubare wiyongeraho abantu 63, wajya mu bafata amacupa atanu ku munsi ukiyongeraho 338.

Prof Sonia Saxena, umushakashatsi ku ishuli "Imperial College" ry'i Londres uri mu itsinda ryakoze ubu bushakashatsi agira ati: "Icupa rimwe ku munsi ribangamira ubuzima, kandi ufashe Ubwongereza bwose usanga ari abantu benshi, kandi abantu benshi ntibanywa icupa rimwe gusa ku munsi."

Dr Max Griswold, wo mu kigo "Institute for Health Metrics and Evaluation" (IHME), muri kaminuza ya Washington wayoboye ubwo bushakashatsi, avuga ko: “Inyigo zabubanjirije zasanze inzoga zishobora gukingira ariko bo bagasanga urugero rw'uko amagara abangamigwa rwiyongera igihe umuntu anyoye inzoga nyinshi”.

Ati “Kuba inzoga zitera kanseri, inguma, n'izindi ndwara bizimanganya inyigo ivuga ku ndwara z'umutima."

Mu Bwongereza abagore banywa kurusha abagabo. Iki gihugu muri 2016 cyagabanyije ingano z' inzoga abaturage bacyo bemerewe kunywa gitegeka ko nta wemerewe kurenza ikirahure kimwe cy' umuvinyo ku munsi.

Ikinyobwa kirimo garama 10 z' umusemburo nicyo gifatwa nk' inzoga. Ubwo, ni icyupa rya byeri, ikirahure cy' umuvinyo n' akarahure ka likeri.

BBC yatangaje ko Ubwongereza bwo iyo amagarama y' umusemburo ageze kuri garama 8 bitangira kwitwa inzoga.

Ku Isi umuntu umwe kuri batatu anywa inzoga bigatuma umwe mu bantu icumi apfa afite hagati y' imyaka 15 na 20.




from Murakaza neza ! http://bit.ly/2AoNZgM
via IFTTT