Perezida Gnassingbé wa Togo arasabwa kwegura

Abaturage bahuriye i Lomé  mu murwa mukuru wa Togo mu myigaragambyo isaba ko Perezida Faure Gnassingbé ava ku butegetsi hagahindurwa na bimwe bigize Itegeko Nshinga.

Abo baturage bigaragambije ku wa Kane w’iki cyumweru batewe ibyuka biryana mu maso na polisi nkuko VOA yabitangaje.

Abigaragamvya basaba ko Itegeko Nshinga rihindurwa, hagashyirwamo manda z’umukuru w’igihugu zikagarukira kuri ebyiri, kandi hagashyirwamo ko amatora ashobora gusubirwamwo atagenze neza.

Baramagana kandi ubutegetsi bw’uyu muryango bumazeho imyaka 50,  kuko Faure Gnassingbé yasimbuye  mu myaka  12, mu gihe se  Gnassingbé Eyadéma yayoboye Togo imyaka isaga 40.

Iyo myigaragambyo yateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Togo.

Perezida Faure Gnassingbé ntacyo aravuga kuva iyo myigaragambyo.

Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter

Ntakirutimana Deus @Bwiza.com

 



from bwiza http://ift.tt/2wfWh5L
via IFTTT

No comments:

Post a Comment