Amafoto y’uko umuganda wagenze mu gihugu

Mu turere dutandukanye hakozwe umuganda ngarukakwezi, ukorwa ku wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Gahunda yari itagenyijwe ni ugutaha inzu zagenewe abatishoboye muri gahunda y’umudugudu w’icyitegererezo. Uyu munsi kandi nibwo Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yifatanyije n’Abanyarwanda muri uwo muganda wanatangirijwemo Icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge.

 Rubavu

Abatuye Umurenge wa Nyundo bifatanyije na Minisitiri w’Ingabo Gen  na Depite Bishagara mu gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo.

Huye

Perezida wa Sena, Bernard Makuza yitanyije na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’abatuye aka karere mu muganda wabereye mu Murenge wa Simbi.

Muhanga

Mu murenge wa Cyeza, abaturage basoje umuganda baganirijwe kuri gahunda zitandukanye zirimo icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, ndetse na Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko   ibagezaho ikiganiro inabaha umurongo utishyuzwa wo kubonaniraho wa 1910.

 

 

Gisagara

Muri aka karere, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yifatanyije n’abagatuye mu gutaha ku mugaragaro umudugudu w’icyitegererezo wa  Ruhaha watujwemo abatishoboye bibumbiye mu miryango 120.

Imiryango itandukanye itegamiye kuri Leta yo mu Rwanda na mpuzamahanga yitabiriye uyu muganda.

Vision Fund Rwanda‏ n’umuyobozi wawo mu Rwanda Ross Nathan bifatanyije mu muganda n’abatuye Umurenge wa Muhima ,mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
 
Mu mahanga
Nigeria
 Abanyarwanda baba muri iki gihugu bazindukiye mu muganda mu Mujyi wa Abuja.


from bwiza http://ift.tt/2yzfKj6
via IFTTT

No comments:

Post a Comment