Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyavuze ko Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bya misile bitatu.
Abategetsi muri Koreya y’Epfo bavuze ko ibi bisasu byarekuriwe mu ntara ya Gangwon muri Koreya y’Amajyaruguru bigenda ku bilometero 250.
Kuva Pyongyang yarasa ibisasu ndengamigabane bya misile mu kwezi kwa karindwi, yatanze impuruza ko izarekura ibindi bisasu bya misile ku butaka bwa Amerika mu ntara ya Guam iri mu Nyanja nini ya Pacifique.
Ariko Amerika yavuze ko ibi bisasu biheruka bitari byibasiye ubutaka bwa Amerika bwa Guam.
Igeragezwa ry’ibisasu bya misile bya Koreya y’Amajyaruguru biba akenshi nk’igisubizo cy’imyitozo ya Koreya y’Amajyepfo bigirwamo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abasirikare ba Amerika n’aba Koreya y’Amajyepfo bamaze iminsi mu bikorwa by’imyitozo.
Minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Amajyepfo yavuze ko ibisasu bya Koreya y’Amajyaruguru byarashwe mu ma saa 06:49 ku wa Gatandatu (21:49 ku isaha ngengamasaha ya GMT ku wa Gatanu).
Mu itangazo ryayo yagize iti “Ingabo ziri kugenzura bya hafi Amajyaruguru kugira ngo duhangane n’ubushotoranyi.”
Koreya zombi zimeze nk’aho zikiri mu gihe cy’intambara kuva intambara yaziteranyije hagati ya 1950-1953 yarangira.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/bwiza.com
from bwiza http://ift.tt/2w701K0
via IFTTT
No comments:
Post a Comment