Kylian Mbappe yahishuye ibyamubayeho mu gikombe cy’Isi benshi batigeze bamenya.

Umukinnyi ukomeye w’ikipe ya PSG, Kylian Mbappe wigaragaje cyane mu gikombe cy’isi yatunguye benshi ubwo yahishuraga ko nubwo yitwaye neza mu gikombe cy’isi ,yakinnye afite ikibazo cy’umugongo ariko ntibyamubuza gutsinda ibitego 4 byose byanatumye ikipe y’Ubufaransa yegukana iki gikombe.

Uyu musore uri kuvugwa cyane mu binyamakuru kubera imikinire ye yo ku rwego rwo hejuru kandi afite imyaka 19 yonyine,yabwiye ikinyamakuru France Football ko yahishe ko afite imvune y’umugongo igihe kirekire kugeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi Ubufaransa bwatsinzemo Croatia 4-2 aho yatsinzemo igitego cya 3.

Mbappe yagize ati “Ni byiza gutuma abo muhanganye batabona aho mufite intege nke,kuko bashobora kubyungukiramo bakaba ariho batsindira.Niyo mpamvu abatoza n’abakinnyi twahishe ko mfite imvune y’umugongo kugeza ku mukino wa nyuma.”



from YEGOB|Entertainment News https://ift.tt/2LrcqSf
via IFTTT

No comments:

Post a Comment