Zimbabwe:Mugabe yemerewe akayabo k'impozamarira, ubudahangarwa no gukomeza guhembwa

Ikinyamakuru The Guadian dukesha iyi nkuru kigaragazza ko uyu mukambwe Robert Mugabe wayoboye Zimbabwe mu gihe cy'imyaka 37 yemerewe akayabo k'amadorali azahabwa nk'impozamarira mu muryango we, gusa nta makuru nyayo y'ingano y'aka kayabo azahabwa.

N'ubwo aka kayabo k'amadorali uyu muryango wa Mugabe uzahabwa kakomeje kugirwa ubwiru, amakuru aturuka mu bantu bakomeye bo mu ishyaka rya Zanu-PF avuga ayo yemerewe yose atajya munsi ya Miliyoni 10 z'amadorali ya Amerika.

Uyu muntu waganiriye na The Guardian utarashatse ko amazina ye ajya ahagaragara yavuze kandi ko Mugabe yemerewe ubudahangarwa busesuye kuri we n'umuryango we, ndetse banemeranya ko nta bikorwa bizakorwa bishobora kugira ingaruka ku mutungo w'uyu mukambwe wavuye ku mwanya w'umukuru mu cyumweru gishize.

Amakuru aturuka mu bantu ba hafi ba Mugabe bavuga ko ngo yahise yishyurwa Miliyoni 5 z'amadorali ya Amerika ako kanya ndetse banamusezzeranya ko asigaye azayishyura mu mezi ari imbere.

Uyu mukambwe w'imyaka 93 kandi mubyo yemerewe harimo no kuba azakomeza guhabwa umushahara we ungana na 150,000 y'amadorali ya Amerika ni ukuvuga asaga 127.000.000 z'amafaranga y'u Rwanda mu gihe cyose azaba akiriho.

Uyu muryango wa Mugabe kandi wemerewe ko uzajya wishyurirwa ubuvuzi, amafaranga abatunga, umutekano n'amafaranga y'ingendo bazajya bagirira hanze y'igihugu ndetse ngo bazanaguma mu nyubako y'igitangaza yiswe ‘Blue Roof' bafite mu murwa mukuru wa Harare .

N'ubwo Robert Mugabe yemerewe guhabwa ibi byose ariko nyuma yo kuvanwa ku butegetsi, Abanyazimbabwe ntibasiba kugaragaza ko ariwe ntandaro y'ibibazo bikomeye by'ubukene byugarie iki gihugu, ndetse abenshi bakamushinja kugira uruhare mu kwiyongera k'umubare w'abashomeri aho kugeza ubu babarirwa ku kigereranyo cya 80%.

Uyu mukambwe Robert Mugabe aherutse gusimburwa ku mwanya w'umukuru w'igihugu mu cyumweru gishize n'umukambwe, Emmerson Mnangagwa wahoze ari Visi perezida we mbere y'uko akuwe kuri uyu mwanya ndetse akanameneshwa mu gihugu agahunga kubera Grace Mugabe, ubwo yarahiraga yijeje abaturage ba Zimbabwe ko agiye kuzana impinduka mu gihugu ndetse ko abaye Perezida w'Abanyazimbabwe bose.

Bamwe mu bagize amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi muri Zimbabwe batangiye guhagurukira kurwanya aya masezerano abari ku Butegetsi bagiranye na Mugabe, aho bavuga ko nk'uko yakuwe ku butegetsi agomba kwamburwa ubudahangarwa n'ububasha bwose akaba umuturage kimwe n'abandi ndetse ngo akanakurikiranwa n'inkiko ku byaha yakoze.

Umunyamabanga w'Ishyaka rya ritavuga rumwe n'ubutegetsi MDC (Movement for Democratic Change ) Douglas Mwonzora, yavuze ko ibyo guverinoma y'inzibacyuho iri gukora ari ugukingira ikibaba umunyabyaha ndetse ngo ibyo bemeje byose bazakorera Mugabe ntibikwiye kuko ubu ari umuturage nk'abandi bose.

JPEG - 39.7 kb

Umuryango wa Mugabe wijejwe ubudahangarwa no gukomeza gucungirwa umutekano



from UKWEZI.COM http://ift.tt/2BqztE1
via IFTTT

No comments:

Post a Comment