Ubusobanuro, inkomoko n’imiterere y’abantu bitwa Thierry

Thierry ni izina rifite inkomoko mu Kidage ku izina Theodoric risobanura umuyobozi w’abantu.

Bimwe mu biranga Thierry

Ni umuntu ukunda gutembera no kwitegereza ibyiza nyaburanga kandi aba ashaka kugera ku iterambere rishoboka, atazitiwe n’umuco cyangwa za kirazira.

Ni umuntu ukunda kuvugisha ukuri, yanga akarengane kandi agira ikinyabupfura, ibyo bigatuma amerera nabi abatagira imyitwarire myiza.

Kubera ukuntu agira gahunda mu byo akora, Thierry hari igihe aba ameze nk’umuntu udakunda impinduka.

Iyo atarakumenya neza, arabanza akamera nk’umuntu ujunjamye ariko iyo mu menyeranye arasamara akarenza urugero.

Agira ishyaka cyane ku murimo, icyo yiyemeje gukora agishyiramo imbaraga ze zose akaba yanakibaza inshuti ariko kikagerwaho.

Aba ashaka gukundwa no gushimirwa cyane kuri buri kintu cyose yemwe no kumushimira ko yambaye neza.

Ntabwo azi kwihangana kandi rimwe na rimwe usanga nta gahunda agira.

Zimwe mu mbuga zisobanura amazina y’abantu nka babynamewizard.com, zivuga ko Thierry akunda kwiga ibintu byitumanaho, akunda guhanahana ibitekerezo, akunda kandi kwiga ibijyanye n’amasomo y’ubumenyi cyangwaibijyanye na politike.

Iyo bigeze mu rukundo, Thierry arakunda kandi akizera cyane ntabwo ajya apfa kumva amabwire.

Ntabwo apfa kwerekana urukundo rwe cyangwa amarangamutima ye.



from YEGOB|Entertainment News http://ift.tt/2x1e94u
via IFTTT

No comments:

Post a Comment